
Amagaju FC yatangaje umutoza mushya
Ikipe y’Amagaju FC ikomeje kwiyubaka mbere y’umwaka w’imikino wa 2026/27, yatangaje ko yagize Nshimiyimana Canisius umutoza mukuru mushya uzayifasha mu rugendo rwo kongera guhatanira imyanya myiza muri BK Pro League.
Aya makuru yatangajwe ku wa 7 Nyakanga 2026 binyuze ku mbuga nkoranyambaga z’iyi kipe ibarizwa mu Karere ka Nyamagabe, aho yanamenyesheje abakunzi bayo abandi batoza bazakorana na Canisius.
INDI NKURU WASOMA : Umwana w'imyaka 12 yarohamye mu Kiyaga cya Muhazi
Nshimiyimana Canisius aje gusimbura Umubiligi Sghir Hammadi wari umaze amezi make atoza Amagaju FC nyuma yo kuyigeramo muri Gashyantare 2026. Ubuyobozi bw’iyi kipe bwahisemo kugirira icyizere uyu mutoza w’Umunyarwanda ufite ubunararibonye muri shampiyona y’imbere mu gihugu.
Mu mwaka ushize wa 2025/26, Canisius yari asanzwe atoza Mukura Victory Sports, ayifasha kurangiza shampiyona iri ku mwanya wa karindwi n’amanota 47. Nubwo atatwaye igikombe, yashimiwe uburyo yafashije iyi kipe yo mu Karere ka Huye gukina ruhago itanga icyizere no kuguma mu makipe ahagaze neza.
Ku rundi ruhande, Amagaju FC we agiyemo nyuma y’umwaka utoroshye, aho yamaranye igihe kinini ihatanira kutamanuka mu Cyiciro cya Kabiri. Ni ibintu byatumye ubuyobozi bwayo bushyira imbaraga mu kongeramo abatoza n’abakinnyi bashobora guhindura isura y’iyi kipe.
Canisius ntabwo azakorana n’abatoza bashya gusa, kuko Amagaju FC yanemeje ko yakomeje gukorana na Hakizimana Jean Baptiste wari usanzwe ari umutoza wungirije ndetse na Maniraguha Nicolas ushinzwe gutoza abanyezamu.

Ibitekerezo