Amamaza hano
Amateka mashya: U Rwanda rubonye umudali wa mbere muri C'wealth Games
SiporoRwanda

Amateka mashya: U Rwanda rubonye umudali wa mbere muri C'wealth Games

U Rwanda rwakoze amateka mashya mu mikino ya Commonwealth nyuma y’uko Niyonkuru Florence abaye umukinnyi wa mbere uhagarariye iki gihugu wegukanye umudali muri iri rushanwa mpuzamahanga, aho yatwaye umudali w’Umuringa mu gusiganwa metero 10,000 mu bagore.

Gatete Jimmy

Gatete Jimmy

Gusoma: 2 min5950
Dukurikire

Uyu mudali wabonetse ku wa 27 Nyakanga 2026, mu Mujyi wa Glasgow muri Écosse, ahakomeje kubera Imikino ya Commonwealth ihuza ibihugu bigize uyu muryango.

Niyonkuru yasoje isiganwa rya metero 10.000 ari uwa gatatu, akoresheje iminota 31, amasegonda 55 n’ibyijana 47. Yahise ahabwa umudali w’Umuringa, uba uwa mbere u Rwanda rubonye mu mateka y’aya marushanwa.

Amamaza hano

Yakurikiye Rose Davies wo muri Australia wegukanye umudali wa Zahabu, mu gihe Diana Wanza wo muri Kenya yabaye uwa kabiri. Niyonkuru yasizwe n’uwa mbere amasegonda 16, naho uwa kabiri amurusha amasegonda atanu.

Uyu mukinnyi wari umaze amezi abiri yitegura iri rushanwa afatanyije na mugenzi we Imanizabayo Emeline, yari mu bakinnyi 10 bahagarariye u Rwanda muri Commonwealth Games ya 2026. Ikipe y’u Rwanda kandi yari igizwe n’abandi bakinnyi b’abasiganwa ku maguru barimo Iribagiza Honorine, Uwitonze Claire na Umutesiwase Magnifique.

Niyonkuru Florence ni umukinnyi usanzwe ufite amateka meza mu gusiganwa ku maguru. Aherutse kwegukana umudali wa Zahabu mu gusiganwa metero 10.000 muri TCS World 10K Bengaluru yabereye mu Buhinde.

Uretse abasiganwa ku maguru, u Rwanda ruri no guhagararirwa mu mikino yo koga n’abakinnyi barimo Ntwali Jayden, Murenzi Sheja Kean na Echessah Axela Marta, aho bahatanye mu byiciro bitandukanye byo koga.

INDI NKURU WASOMA :APR FC yatsinze Garde Républicaine ibitego 3-1 muri CECAFA Kagame Cup

U Rwanda rwitabiriye Imikino ya Commonwealth ku nshuro ya gatanu muri uyu mwaka, nyuma yo kwinjira mu Muryango wa Commonwealth mu 2009. Rwatangiye kwitabira iyi mikino mu 2010 ubwo yabereye i Delhi mu Buhinde.

U RwandaCommon Wealth

Ibitekerezo

Advertise here

Dukoresha cookies

Dukoresha cookies kugira ngo dusesengure abashyitsi ku rubuga rwacu kandi twongere uburambe bwawe. Ushobora kwemera cyangwa kwanga cookies zitari iz'ibanze.