Amamaza hano
Amavubi yagumye ku mwanya wa 128 ku rutonde rwa FIFA
SiporoRwanda

Amavubi yagumye ku mwanya wa 128 ku rutonde rwa FIFA

Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda, Amavubi, yagumye ku mwanya wa 128 ku rutonde ngarukakwezi rw’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA), mu gihe Espagne yongeye kwicara ku ntebe ya mbere ku Isi nyuma yo kwegukana Igikombe cy’Isi cya 2026.

Gatete Jimmy

Gatete Jimmy

Gusoma: 1 min2250
Dukurikire

Uru rutonde rushya rwatangajwe ku wa 20 Nyakanga 2026 nyuma y’imikino 105 yabazwe na FIFA, irimo 104 yakinwe mu Gikombe cy’Isi cyabereye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Canada na Mexique.

Espagne yegukanye igikombe itsinze Argentine igitego 1-0 ku mukino wa nyuma wabereye kuri Stade ya MetLife, ihita yisubiza umwanya wa mbere ku Isi yari yaraherukagaho muri Werurwe uyu mwaka. La Roja ifite amanota 1995,8, ikurikiwe na Argentine ifite 1970,3, mu gihe u Bufaransa buri ku mwanya wa gatatu n’amanota 1948,9. u Bwongereza ni ubwa kane, naho Brésil ifunga amakipe atanu ya mbere.

Amamaza hano

Mu bindi bihugu byazamutse cyane harimo Mexique yasubiye mu makipe 10 ya mbere ku Isi bwa mbere kuva mu 2022, Norvège yazamutse imyanya 12, u Busuwisi buzamuka imyanya itanu, Misiri na RDC na byo bizamuka imyanya itanu buri kimwe.

INDI NKURU WASOMA :Police FC yatangaje Umunyamabanga Mukuru mushya

Ku ruhande rw’u Rwanda, nta mpinduka zabayeho kuko Amavubi yagumanye umwanya wa 128 n’amanota 1126,6, bitewe n’uko nta mikino mpuzamahanga yabaze kuri uru rutonde yakinnye muri iki gihe.

fifaAmavubi

Ibitekerezo

Advertise here

Dukoresha cookies

Dukoresha cookies kugira ngo dusesengure abashyitsi ku rubuga rwacu kandi twongere uburambe bwawe. Ushobora kwemera cyangwa kwanga cookies zitari iz'ibanze.

Amavubi yagumye ku mwanya wa 128 ku rutonde rwa FIFA - Tugezo