
Atlético Madrid yatangiye ibiganiro na kapiteni wa Tottenham
Ikipe ya Atlético Madrid yatangiye ibiganiro bigamije kureba niba yakwegukana myugariro wa Tottenham Hotspur akaba na kapiteni wayo, Cristian Romero, mu mpeshyi y’uyu mwaka.
Romero w’imyaka 28, ukomoka muri Argentina, amaze igihe ari umwe mu bakinnyi b’ingenzi ba Tottenham, ariko amakuru avuga ko ashobora gutandukana n’iyi kipe muri iri soko ry’igura n’igurisha ry’abakinnyi.
Uyu myugariro yongereye amasezerano muri Tottenham muri Kanama 2025, asinya amasezerano y’imyaka ine. Nubwo bimeze bityo, Atlético Madrid imaze igihe imwifuza kandi ubu yongeye gukora ibishoboka kugira ngo imwegukane.
Ikipe yo muri Espagne iyobowe na Diego Simeone iri mu biganiro kuri uyu mukinnyi, ndetse Tottenham ikaba izi neza ko Atlético imwifuza. Ku ruhande rwa Romero, kumvikana ku masezerano bwite n’iyi kipe yo muri Madrid ntibitegerejweho kuba ikibazo gikomeye.
Atlético si yo kipe yonyine imwifuza kuko Inter Milan na yo iri mu makipe akurikirana uyu myugariro.
Romero yagize uruhare rukomeye mu rugendo rwa Argentina mu gikombe cy’Isi giheruka, aho yakinnye imikino yose irindwi y’ikipe ye kugeza ku mukino wa nyuma, Argentina ikaza gutsindwa na Espagne.
INDI NKURU WASOMA : Mitsutsu yapfushije murumuna we wari umaze imyaka ibiri arwariye mu bitaro
Muri Tottenham, umwaka ushize ntiwagenze neza kuri uyu myugariro. Yasoje shampiyona afite ikibazo cy’imvune yo mu ivi, ndetse yanahawe amakarita atukura abiri muri uwo mwaka. Tottenham yarangije ku mwanya wa 17, irinda kumanuka ku munsi wa nyuma wa shampiyona.
Umutoza Roberto De Zerbi aherutse kuvuga ko azubaha ubushake bw’abakinnyi mu gihe baba bashaka kuva muri Tottenham.

Ibitekerezo