
CECAFA Kagame Cup: Al Hilal SC yatsinze Tusker FC ibitego 2-0 mu mukino wa mbere mu itsinda C
KIGALI, Rwanda; Ikipe yo muri Sudan Al Hilal SC yatangiye CECAFA Kagame Cup 2026 itsinda ibitego 2-0 ikipe yo muri Kenya Tusker FC kuri sidate Amahoro.
Mbere y’uko umukino utangira, amakipe n’abarebaga umukino bafashe umunota wo kwibuka mu rwego rwo guha icyubahiro Kanyankore Gilbert 'Yaoundé' wahoze ari umutoza, witabye Imana umunsi wabanje.
Al Hilal yafashe umwanya wa mbere ku munota wa 30 ubwo umukinnyi wo hagati wo muri Ghana, Mamudu Kamaradini, yaheshaga Al Hilal igitego cya mbere, bituma Tusker FC ikomeza gukora iyo bwabaga ngo yishyure mbere y’uko igice cya mbere kirangira.
Ikipe ya Julien MetteTusker FC yasubiye mu gice cya kabiri, bashyiraho igitutu gikomeye cyo gusatira bashaka igitego cyo kunganya. Bayobowe na kapiteni Abud Omar na rutahizamu Victor Mbaoma, Brewers bakunze kugerageza inyuma ya Sudani. Ariko, ubwugarizi bwa Al Hilal bwakomeje kubabera ibamba kandi bubangamira ikipe ya Kenya.
Ubwo Tusker yakomeje kwataka mu minota ya nyuma, byatumye Al Hilal Ku munota wa 90+4, itsinda igitego cya Salim Adams kikaba igitego cya kabiri cyaje gutuma ikipe ya Guy Bukasa itsinda ibitego 2-0.
Sura imikino yose hano: menyesha amanota ya live
Ni iki gikurikiraho?
Intsinzi ishyira Al Hilal SC mu mwanya mwiza mu ntangiriro z'itsinda C. Imikino yo mu itsinda C irakomeza nyuma kuri uyu mugoroba aho ikipe ya Rayon Sports FC irakina na KVZ FC yo muri Zanzibar kuri stade Amahoro.

Ibitekerezo