Amamaza hano
FIFA Series 2026: Aruba yegukanye igikombe mu Rwanda, Tanzania isozanya intsinzi y’ibitego 6-0
SiporoAfurika

FIFA Series 2026: Aruba yegukanye igikombe mu Rwanda, Tanzania isozanya intsinzi y’ibitego 6-0

Kuri iki cyumweru tariki ya 29 Werurwe 2026, i Kigali hasojwe imikino yo mu Itsinda rya kabiri (Group B) ry’irushanwa rya FIFA Series, aho ikipe ya Aruba yanditse amateka yegukana igikombe itsinze Liechtenstein, mu gihe Tanzania yo mu karere kacu yanyagiye Macau.

Menyesha Editorial Team

Menyesha Editorial Team

Gusoma: 2 min1270
Dukurikire

Aruba yatwaye igikombe cya Group B

Mu mukino wa nyuma w’iri tsinda wabereye kuri Kigali Pelé Stadium, ikipe ya Aruba yerekanye ko ari imbaraga nshya muri iri rushanwa itsinda Liechtenstein ibitego 4-1.

Uyu mukino watangiye Aruba isatira cyane, aho igice cya mbere cyarangiye ifite ibitego 2-0 byatsinzwe na Jaybriën Romano na Gello Robertha. Nubwo Liechtenstein yagerageje kugaruka mu mukino ibona igitego kimwe, Aruba yongeye gutsinda ibindi bitego bibiri mu gice cya kabiri, bituma yegukana igikombe cya FIFA Series mu itsinda ryaberaga i Kigali kuri iyi stade yo mu Nyamirambo.

Amamaza hano
Click to expand
Ikipe ya Aruba yishimira igokombe

Tanzania yihanije Macau mu guhatanira umwanya wa gatatu

Mbere y’uko umukino wa nyuma uba, habanje umukino wo guhatanira umwanya wa gatatu wahuje ikipe ya Tanzania (Taifa Stars) na Macau. Tanzania yerekanye urwego ruri hejuru cyane itsinda Macau ibitego 6-0.

Ibitego bya Tanzania byatsinzwe n’abakinnyi barimo Bakari Mwamnyeto, Mudathir Yahya, Paul Kasunda, Novatus Miroshi, ndetse na Tarryn Allarakhia, hiyongereyeho n'igitego Macau yitsinze binyuze kuri Amancio. Iyi ntsinzi yahaye Taifa Stars icyizere nyuma yo kuba yari yatsinzwe umukino ubanza, isoza irushanwa ryo mu Rwanda rwa gatatu muri iri tsinda.

Click to expand
Ikipe ya Tanzania yanyagiye Macau

Amashyushyu ni yose kuri Stade Amahoro ejo

Nyuma y’isoza ry’imikino yo mu Itsinda rya B uyu munsi, amaso yose kuri ubu yerekeje kuri Stade Amahoro aho ejo ku wa Mbere, tariki ya 30 Werurwe, hazaba imikino ya nyuma y’Itsinda rya A (Group A):

  • Kenya vs Grenada: Guhatanira umwanya wa gatatu (15:00).

  • Rwanda (Amavubi) vs Estonia: Umukino wa nyuma w’igikombe (19:30).

Abafana b’Amavubi bitezwe kuba ari benshi cyane muri Stade Amahoro nshya, nyuma y’uko u Rwanda rwari rwatsinze Grenada ibitego 4-0 mu mukino ubanza.


footballfifa

Ibitekerezo

Advertise here

Dukoresha cookies

Dukoresha cookies kugira ngo dusesengure abashyitsi ku rubuga rwacu kandi twongere uburambe bwawe. Ushobora kwemera cyangwa kwanga cookies zitari iz'ibanze.

FIFA Series 2026: Aruba yegukanye igikombe mu Rwanda, Tanzania isozanya intsinzi y’ibitego 6-0 - Tugezo