
FIFA yatangiye iperereza kuri Argentine
Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru ku Isi (FIFA) ryatangaje ko ryatangiye iperereza ku myitwarire y'ikipe y'igihugu ya Argentine nyuma y'imvururu zabaye umukino wa nyuma w'Igikombe cy'Isi 2026, warangiye Espagne itsinze Argentine igitego 1-0.
FIFA yavuze ko Komisiyo ishinzwe imyitwarire n'ibihano yashyizeho umushinjacyaha wihariye uzasesengura ibyabaye nyuma y'ifirimbi ya nyuma kuri Stade ya MetLife muri Leta ya New Jersey.
Ni iperereza rishobora kuvamo ibihano bikomeye birimo guhagarika bamwe mu bakinnyi cyangwa abatoza, ndetse Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru muri Argentine (AFA) rikaba ryanacibwa amande.
Nyuma y'umukino, bamwe mu bakinnyi ba Argentine n'abari ku ntebe y'abatoza bagaragaye bashyamirana n'abakinnyi ba Espagne bari batangiye kwizihiza igikombe.
Mu bagaragaye muri izo mvururu harimo Nahuel Molina, Leandro Paredes, Thiago Almada ndetse n'umutoza wungirije Roberto Ayala.
Amashusho yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga agaragaza Rodri wa Espagne yegereye bagenzi be nyuma yo gusimbuzwa, ariko Nahuel Molina akamukubita ku kuboko cyangwa mu nda, ibintu byabaye intandaro y'ayo makimbirane.
INDI NKURU WASOMA: Police FC yatangaje Umunyamabanga Mukuru mushya
Nyuma y'aho, Leandro Paredes yagaragaye afata Eric Garcia mu muhogo, mu gihe Thiago Almada yasunitse Gavi akamugusha hasi. Roberto Ayala na we yagaragaye afata Eric Garcia mu ijosi ndetse anasagarira Dani Olmo.
Nubwo hari amakuru yavugaga ko Paredes yahawe ikarita itukura, FIFA yaje kwemeza ko iyo karita yakuweho kandi nta gihano yahise afatirwa kuri uwo munsi.
Umutoza wa Argentine, Lionel Scaloni, wagerageje gutuza abakinnyi be, yavuze ko nubwo bababajwe no gutsindwa, bagomba kwemera ibyavuye mu mukino.
Yagize ati: "Twemera gutsinda kandi tugomba no kwemera gutsindwa. Twatsinzwe umukino turabyakira, ariko ibyo ntibisobanura ko twibagirwa urugendo twanyuzemo kugira ngo tugere hano."
Iri si ryo perereza rya mbere AFA ihuye na ryo. FIFA yari isanzwe inakoraho iperereza nyuma y'uko abakinnyi ba Argentine bazamuye ibendera ririho amagambo agira ati "Las Malvinas son Argentinas" nyuma yo gutsinda u Bwongereza muri 1/2, bavuga ko Ibirwa bya Falkland ari ibyabo.
Mu mategeko ya FIFA, imyitwarire nk'iyi ishobora gufatwa nko kurenga ku mahame ya Fair Play no gutesha agaciro umupira w'amaguru. Abazahamwa n'ibyaha bashobora guhanishwa guhagarikwa ku rwego mpuzamahanga, mu gihe AFA na yo ishobora gucibwa ibihano by'amafaranga.

Ibitekerezo