Amamaza hano
Hatangajwe umusimbura wa Eddie Howe wasezeye Newcastle United
SiporoUburayi

Hatangajwe umusimbura wa Eddie Howe wasezeye Newcastle United

Ikipe ya Newcastle United yatandukanye n'umutoza wayo Eddie Howe nyuma y'imyaka hafi itanu ayitoza, mu gihe biteganyijwe ko Umudage Matthias Jaissle usanzwe atoza Al-Ahli yo muri Arabia Sawudite ari we uzamusimbura.

Gatete Jimmy

Gatete Jimmy

Gusoma: 1 min640
Dukurikire

Nubwo uku gutandukana kwabaye gutunguranye, amakuru aturuka hafi y'iyi kipe avuga ko Howe yari amaze igihe anengwa na ba nyiri Newcastle bakomoka muri Arabia Sawudite, cyane cyane nyuma y'uko iyi kipe irangije shampiyona ishize iri ku mwanya wa 12.

Bivugwa kandi ko Howe yabwiye ubuyobozi ko yifuza gufata ikiruhuko mu mupira w'amaguru nyuma y'igihe cyiza yagiriye muri Newcastle, aho yayihesheje Igikombe cya League Cup mu 2025 ndetse anayifasha kwerekeza muri UEFA Champions League inshuro ebyiri.

Amamaza hano

Nyuma y'umukino wa gicuti Newcastle yatsinzwemo na Bristol City ibitego 4-1, Howe yari yatangaje ko agifitiye urukundo rudasanzwe iyi kipe.

Yagize ati: "Buri munsi mba ndi umutoza wa Newcastle uba ari umunsi mwiza kuri njye. Nkunda cyane iyi kipe kandi ibyo ntibizigera bihinduka."

Yakomeje agaragaza icyizere cy'ejo hazaza agira ati: "Buri gihe mba nizeye ko ibintu byiza bishoboka. Nta mpamvu mbona zatuma uyu mwaka utaba mwiza."

INDI NKURU WASOMA : UEFA iteganya inama yihutirwa yo kwiga ku mugambi wa FIFA wo guhindura Igikombe cy'Isi

Kugeza ubu, ibiganiro hagati ya Newcastle na Matthias Jaissle bivugwa ko bigeze kure. Kuba Al-Ahli atoza na yo ifitwe n'Ikigega cy'Ishoramari cya Leta ya Arabia Sawudite (PIF), bishobora gutuma kwimuka kwe bikorwa mu buryo bworoshye.

EDDIE HOWENewcastle United

Ibitekerezo

Advertise here

Dukoresha cookies

Dukoresha cookies kugira ngo dusesengure abashyitsi ku rubuga rwacu kandi twongere uburambe bwawe. Ushobora kwemera cyangwa kwanga cookies zitari iz'ibanze.

Hatangajwe umusimbura wa Eddie Howe wasezeye Newcastle United - Tugezo