
Ibitero Amerika yagabye kuri Iran byari ukwihorera -Trump
Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko ibitero bishya igihugu cye cyagabye kuri Iran byari bigamije kwihorera abasirikare batatu ba Amerika baherutse kwicirwa mu Burasirazuba bwo Hagati, ashimangira ko Iran igomba kubiryozwa.
Trump yavuze ko ibitero byagabwe mu ijoro ryo ku wa Mbere byibasiye Iran "mu buryo bukomeye cyane", avuga ko byakozwe mu cyubahiro cy'abasirikare babiri bishwe muri Jordan n'undi umwe wapfiriye muri Iraq.
Ubuyobozi bw'Ingabo za Amerika (CENTCOM) bwatangaje ko bwagabye ibitero ku nshuro ya cyenda yikurikiranya, bwibasira ibirindiro bya gisirikare n'imiyoboro y'itumanaho ya Iran mu rwego rwo kugabanya ubushobozi bwayo bwo kugaba ibitero ku mato anyura mu Muyoboro wa Hormuz.
Ku ruhande rwa Iran, yatangaje ko yahise isubiza ibyo bitero, igaba icyo yise "igitero gitunguranye" ku birindiro bya Amerika biri muri Syria, ndetse inavuga ko yibasiye indege za gisirikare za Amerika ku kibuga cy'indege cya Aqaba muri Jordan.
Igisirikare cya Kuwait na cyo cyemeje ko cyafashe indege zitagira abapilote za Iran zari zinjiye mu kirere cyacyo.
Ibinyamakuru byo muri Iran byatangaje ko ibisasu byumvikanye mu mijyi itandukanye irimo Tabriz, Chabahar, Konarak na Bandar Mahshahr. Hari kandi amakuru yavugaga ko amato abiri atwaye peteroli yaturikiye hafi y'Inyanja ya Hormuz, nubwo Amerika yahakanye ayo makuru.
INDI NKURU WASOMA : Thomas Tuchel azakomeza gutoza u Bwongereza bwasezerewe na Argentine
Umutwe w'Ingabo zirinda Impinduramatwara ya Iran (IRGC) wavuze ko mu gihe Amerika izakomeza kugaba ibitero, Inyanja ya Hormuz itazongera kuba inzira itekanye yo kunyuzamo peteroli na gaz, unakangisha ko uzakomeza ibikorwa byo kwihorera.
Mu mpera z'icyumweru gishize, Amerika yemeje ko umwe mu basirikare bayo yiciwe mu gitero cyagabwe ku birindiro byayo muri Iraq, nyuma y'umunsi umwe abandi babiri bishwe mu gitero cyabereye muri Jordan.

Ibitekerezo