Amamaza hano
Impanuka ya bisi muri Algeria yahitanye abantu 25
AmakuruAfurika

Impanuka ya bisi muri Algeria yahitanye abantu 25

Nibura abantu 25 bapfuye mu mpanuka ikomeye ya bisi yabereye muri Algeria, nyuma y'uko imodoka yari itwaye abagenzi irenga umuhanda ikagwa mu manga hafi y'umujyi wa Boumerdes, uherereye mu burasirazuba bw'umurwa mukuru Algiers.

Gatete Jimmy

Gatete Jimmy

Gusoma: 1 min680
Dukurikire

Iyi mpanuka yabaye ku wa Gatanu, aho Urwego rushinzwe ubutabazi muri Algeria rwemeje ko abandi bantu benshi bakomeretse, bahita bajyanwa mu bitaro bitandukanye kugira ngo bahabwe ubuvuzi bwihuse.

Kugeza ubu, icyateye iyi mpanuka ntikiramenyekana, ndetse inzego zibishinzwe zatangiye iperereza kugira ngo hamenyekane icyayiteye.

Amamaza hano

Minisitiri w'Intebe wa Algeria, Sifi Ghrieb, yasuye ahabereye iyi mpanuka, anaganira n'abashinzwe ubutabazi bari bakomeje ibikorwa byo gutabara. Amafoto yafatiwe aho byabereye agaragaza bisi yari yaguye munsi y'umukoki, ibintu byagize uruhare mu kongera ubukana bw'iyi mpanuka.

INDI NKURU WASOMA : Hatangajwe umusimbura wa Eddie Howe wasezeye Newcastle United

Iyi si yo mpanuka ya mbere ikomeye ibaye muri Algeria mu myaka ya vuba. Muri Kanama 2025, indi bisi yakoze impanuka hafi ya Algiers ihitana abantu 18, mu gihe mu Ukuboza k'uwo mwaka abantu 14 bapfuye nyuma y'uko bisi barimo yahirimye mu gace ka Bechar mu majyepfo y'igihugu.

Imibare y'inzego zishinzwe umutekano wo mu muhanda muri Algeria igaragaza ko impanuka zo mu muhanda zikomeje kuba ikibazo gikomeye. Mu mwaka ushize honyine, abantu 3,838 bahitanywe n'impanuka zo mu muhanda, mu gihe abarenga 37,000 bakomerekeye muri izo mpanuka.

ImpanukaAlgeria

Ibitekerezo

Advertise here

Dukoresha cookies

Dukoresha cookies kugira ngo dusesengure abashyitsi ku rubuga rwacu kandi twongere uburambe bwawe. Ushobora kwemera cyangwa kwanga cookies zitari iz'ibanze.

Impanuka ya bisi muri Algeria yahitanye abantu 25 - Tugezo