
Kirehe: Impanuka y’imodoka yaguyemo abantu bane
Abantu bane bitabye Imana, abandi 16 barakomereka mu mpanuka y’imodoka itwara abagenzi yabereye mu Murenge wa Nasho, mu Karere ka Kirehe, mu ijoro rishyira ku wa 18 Kanama 2026.
Iyi mpanuka yabereye mu Kagari ka Kagese, ubwo Coaster yavaga i Nasho yerekeza i Kigali. Abantu babiri bapfiriye ahabereye impanuka, mu gihe abandi babiri bitabye Imana ubwo bajyanwaga kwa muganga.
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Iburasirazuba, SSP Twizeyimana Hamdun, yavuze ko icyateye impanuka kitaramenyekana neza, ariko umushoferi yavuze ko ashobora kuba yarabuze feri, ahantu hari hamanuka cyane.
Ati: “Kugeza ubu ntituramenya icyayiteye, ariko umushoferi yavuze ko yabuze feri kuko ni ahantu hamanuka cyane. Bishobora kuba rero byaratewe n’umuvuduko.”
SSP Twizeyimana yasabye abatwara ibinyabiziga kwirinda umuvuduko ukabije, gutwara banyoye ibisindisha cyangwa bananiwe, ndetse bakajya basuzumisha ubuziranenge bw’ibinyabiziga mbere yo kubikoresha.
INDI NKURU WASOMA : Girumugisha Jean Claude yerekanywe muri Al Ahli Tripoli
Yanasabye abagenzi kutarebera amakosa akorwa n’abashoferi, ahubwo bakayamenyesha inzego z’umutekano cyangwa bakagira icyo babwira umushoferi igihe babona atwaye nabi.
Ati: “Abagenzi na bo bashobora kubwira ubatwaye ko ari kugenda nabi cyangwa akora amakosa. Ibi bifasha buri wese kuba ijisho rya mugenzi we.”
Abakomeretse 16 bakomeje kuvurirwa mu bitaro bitandukanye, mu gihe inzego z’umutekano zatangiye iperereza rigamije kumenya neza icyateye iyi mpanuka.

Ibitekerezo