Amamaza hano
Maj Gen Nyakarundi yasuye Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa muri Centrafrique
AmakuruRwanda

Maj Gen Nyakarundi yasuye Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa muri Centrafrique

Umugaba w’Ingabo z’u Rwanda zirwanira ku butaka, Maj Gen Vincent Nyakarundi, yasuye abasirikare b’u Rwanda bari mu butumwa bwo kubungabunga amahoro muri Repubulika ya Centrafrique, abashimira ubwitange n’ubunyamwuga bagaragaza mu nshingano zabo.

Gatete Jimmy

Gatete Jimmy

Gusoma: 1 min430
Dukurikire

Maj Gen Nyakarundi yasuye umutwe wa RWABAT-1 ukorera mu kigo cya Socatel M’Poko, i Bangui, aho yagiranye ibiganiro n’abayobozi bawo. Yabashimiye uburyo bakomeje gusohoza inshingano zabo mu kubungabunga amahoro n’umutekano.

Muri urwo ruzinduko, Maj Gen Nyakarundi yabagejejeho ubutumwa bwa Perezida Paul Kagame, akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, abashimira uruhare bagira mu bikorwa byo guharanira amahoro.

Amamaza hano

Yaganiriye kandi n’abasirikare ku miterere y’umutekano w’u Rwanda ndetse n’iy’akarere, abasaba gukomeza kubahiriza indangagaciro z’Ingabo z’u Rwanda, kugira imyitwarire iboneye no gukomeza kurinda isura nziza y’igihugu.

Maj Gen Nyakarundi kandi yahuye n’Umugaba Mukuru w’Ingabo za MINUSCA, Lt Gen Humphrey Nyone, baganira ku bikorwa by’ubutumwa bw’Umuryango w’Abibumbye muri Centrafrique ndetse n’uruhare abasirikare b’u Rwanda babigiramo.

INDI NKURU WASOMA : Rayon Sports yegukanye CECAFA Kagame Cup nyuma yo gutsinda Gor Mahia 2-1

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Centrafrique mu butumwa butandukanye, burimo ubwa MINUSCA ndetse n’ubutumwa bukorwa ku bufatanye bw’u Rwanda na Repubulika ya Centrafrique.

Biteganyijwe ko Maj Gen Nyakarundi azitabira umuhango wo gusoza amahugurwa y’abasirikare b’Ingabo za Centrafrique (FACA) batojwe n’Ingabo z’u Rwanda (RDF).

Maj Gen Nyakarundi

Ibitekerezo

Advertise here

Dukoresha cookies

Dukoresha cookies kugira ngo dusesengure abashyitsi ku rubuga rwacu kandi twongere uburambe bwawe. Ushobora kwemera cyangwa kwanga cookies zitari iz'ibanze.

Maj Gen Nyakarundi yasuye Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa muri Centrafrique - Tugezo