
Maroc yasezereye Ubuholandi kuri penaliti
Ikipe y'igihugu ya Maroc yageze muri 1/8 cy'Igikombe cy'Isi cya 2026, nyuma yo gusezerera u Buholandi iyitsinze kuri penaliti 3-2, nyuma y'uko iminota 120 yari yarangiye amakipe yombi anganya igitego 1-1.
Uyu mukino wabereye i Monterrey muri Mexique, waranzwe n'ubusatirizi bwa Maroc kuva utangiye. Gusa umunyezamu w'u Buholandi, Bart Verbruggen, yakuyemo imipira myinshi ikomeye, ndetse n'igiti cy'izamu kigafasha ikipe ye kutarya urunganda.
Mu gice cya kabiri, Maroc yakomeje gusatira cyane, ariko ku munota wa 72, Cody Gakpo yatsinze igitego cyiza cyahaye ikipe ye icyizere cyo gukomeza.
Iki gitego cyari giherekejwe n'amarangamutima akomeye kuko Gakpo yari aherutse gutangaza ko we n'umuryango we babuze umwana bari bategereje. Nubwo yari mu bihe bikomeye, yahisemo gukomeza gufasha igihugu cye, maze atsinda igitego cyari gisa n'icyabahesheje intsinzi.
INDI NKURU WASOMA :Nate Ament yagizwe Ambasaderi wa mbere wa Visit Rwanda muri Basketball
Icyakora, ibyishimo by'Abaholandi byarangiye mu masegonda y'inyongera, ubwo Issa Diop yatsindaga igitego cyo kwishyura n'umutwe, ahita asunikira umukino kwerekeza mu minota 30 y'inyongera.
Nyuma y'uko iminota 30 y'inyongera irangiye nta yindi kipe ibonye igitego, hatewe penaliti. U Buholandi bwahushije eshatu muri zo, mu gihe Maroc yakomeje kwitwara neza.
Penaliti ya nyuma yatsinzwe na Ismail Saibari, wahaye Maroc intsinzi ya 3-2, biyihesha itike ya 1/8 aho izahura na Canada.

Ibitekerezo