
Mazimpaka AndrĂ© yagizwe umutoza muri Gorilla FCÂ
Nyuma y’umwaka urenga adafite ikipe atoza, Mazimpaka André yongeye gusubira mu kazi nyuma yo kugirwa umutoza w’abanyezamu ba Gorilla FC, ikipe ikomeje kwiyubaka yitegura umwaka w’imikino wa 2026/27.
Kuri uyu wa Kane, tariki ya 2 Nyakanga 2026, ni bwo Perezida wa Gorilla FC, Yusuf Mudaheranwa, yakiriye ku mugaragaro Mazimpaka André, wahise atangira inshingano zo gutoza abanyezamu b’iyi kipe, asimbuye Higiro Thomas wari usanzwe ayobora icyo gice.
Kugaruka kwa Mazimpaka mu kazi bibaye nyuma y’igihe yari amaze adatoza, kuko yasezerewe muri Rayon Sports mbere y’uko umwaka w’imikino wa 2024/25 urangira.
Icyo gihe yari ashinjwa kugira uruhare mu musaruro utari mwiza ikipe yari iri kugeraho, bituma ubuyobozi bw’iyo kipe bumusezerera.
Nubwo byagenze gutyo, Mazimpaka afite ubunararibonye mu mupira w’amaguru w’u Rwanda, yaba nk’umukinnyi ndetse n’umutoza. Yinjiye mu mwuga w’ubutoza muri Werurwe 2023, ahereye muri La Jeunesse, imwe mu makipe yanakiniye akiri umukinnyi.
Mu rugendo rwe nk’umunyezamu, yakiniye amakipe atandukanye arimo Interforce FC, Police FC, Espoir FC, Mukura Victory Sports, Kiyovu Sports, Rwamagana City ndetse na Rayon Sports, aho yanasoje umwuga we mbere yo kwinjira mu butoza.

Ibitekerezo