Amamaza hano
Minisitiri Kayisire yahamije ko unywa ‘Dundubwonko’ aba atakiri umugabo
AmakuruRwanda

Minisitiri Kayisire yahamije ko unywa ‘Dundubwonko’ aba atakiri umugabo

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu, Kayisire Marie Solange, yasabye Abanyarwanda kwirinda inzoga z’inkorano zitujuje ubuziranenge, avuga ko zangiza ubuzima ndetse zigasenya imiryango.

Gatete Jimmy

Gatete Jimmy

Gusoma: 1 min310
Dukurikire

Ibi yabigarutseho ku wa Gatandatu, tariki ya 25 Nyakanga 2026, ubwo yifatanyaga n’abaturage bo mu Murenge wa Nyakariro, Akarere ka Rwamagana, mu Muganda rusange usoza ukwezi.

Nyuma y’Umuganda, Kayisire yashimiye abaturage uruhare bagira mu bikorwa by’iterambere, mbere yo kubakangurira kwirinda inzoga z’inkorano zirimo izizwi nka ‘Dundubwonko’, avuga ko zifite ingaruka zikomeye ku buzima no ku nshingano z’umuryango.

Amamaza hano

Yagize ati: “Umugabo unywa Dundubwonko ntabwo aba akiri umugabo. Umuntu uba warabaswe n’izo nzoga akenshi atakaza inshingano ze zo kwita ku muryango. Agahora mu makimbirane, bikaba byanamuviramo uburwayi, urupfu n’ibindi byinshi bitewe n’uburozi buba buzirimo.”

Yakomeje asaba abaturage gukorana n’inzego z’ibanze ndetse n’iz’umutekano mu kurwanya abakora n’abacuruza izi nzoga, anabashishikariza kunywa ibinyobwa byujuje ubuziranenge kugira ngo barengere ubuzima bwabo.

INDI NKURU WASOMA : RDB yimuye icyicaro nyuma y’ibibazo byagaragaye ku nyubako yakoreragamo

Ibi bije nyuma y’uko Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana, aherutse gutangaza ko mu mezi atandatu ashize inzoga zitujuje ubuziranenge zahitanye abantu 44, mu gihe abandi benshi bajyanywe kwa muganga bazize ingaruka zazo.

Ubukangurambaga bwo kurwanya inzoga z’inkorano bukomeje gushyirwa imbere n’inzego zitandukanye, mu rwego rwo kurinda ubuzima bw’abaturage no kubungabunga umutekano n’imibereho myiza y’imiryango.

Inzoga z'inkoranoMinisitiri Kayisire

Ibitekerezo

Advertise here

Dukoresha cookies

Dukoresha cookies kugira ngo dusesengure abashyitsi ku rubuga rwacu kandi twongere uburambe bwawe. Ushobora kwemera cyangwa kwanga cookies zitari iz'ibanze.

Minisitiri Kayisire yahamije ko unywa ‘Dundubwonko’ aba atakiri umugabo - Tugezo