
Misiri ishobora gutegura umukino w’amateka n’Amavubi
Ikipe y’Igihugu ya Misiri iri gutegura imikino ya gicuti mbere yo gukomeza urugendo rwo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika cya 2027, aho Amavubi ari mu makipe ashobora guhangana na yo.
Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Misiri (EFA) ryatangaje ko riri gushaka amakipe y’ibihugu azakina na Misiri imikino ya gicuti muri Nzeri 2026, mu rwego rwo kwitegura imikino yo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika.
Mu makipe ashobora guhangana na Misiri harimo u Rwanda, Ghana na Tanzania, nubwo EFA itaremezaho ku mugaragaro ikipe izatoranywa.
Misiri iri mu itsinda B ryo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika cya 2027, hamwe na Angola, Malawi na Sudani y’Epfo. Iki gikombe kizabera muri Kenya, Tanzania na Uganda.
Ku wa Kane tariki ya 20 Kanama 2026, Umuyobozi ushinzwe Ikipe y’Igihugu ya Misiri, Ibrahim Hassan, yatangaje ko Misiri izatangira imikino yo gushaka itike ihura na Angola ku wa 25 Nzeri i Cairo, mbere yo gusura Sudani y’Epfo i Juba ku wa 29 Nzeri.
Hassan yavuze ko bashaka gukoresha neza akaruhuko k’amakipe y’ibihugu kugira ngo babone imikino ya gicuti ibafasha kwitegura.
Mu gihe Misiri yaba ihisemo gukina n’u Rwanda, byaba ari umukino ufite umwihariko kuko na Amavubi azaba ari mu myiteguro y’imikino yo gushaka itike y’iri rushanwa.
INDI NKURU WASOMA : Abanyeshuri batsinze ibizamini bya Leta biyongereye
U Rwanda ruzakira Liberia ku wa 25 Nzeri 2026 i Kigali, mbere yo kujya i Praia muri Cap-Vert, aho ruzahura na Cap-Vert ku wa 29 Nzeri.

Ibitekerezo