
Miss Muyango Claudine na Kimenyi Yves batangiye inzira yo gutandukana
Miss Muyango Claudine n’umunyezamu Kimenyi Yves batangiye inzira yo gutandukana byemewe n’amategeko, nyuma y’imyaka ibiri bakoze ubukwe ndetse n’imyaka irindwi bamaze mu rukundo.
Kuri uyu wa 14 Kanama 2026, aba bombi bitabye Urukiko rw’Ibanze rwa Gasabo, aho bagaragaye mu rubanza rujyanye no gutandukana kwabo byemewe n’amategeko.
Urubanza rwamaze iminota mike gusa, aho bombi bari bitabiriye iburanisha. Icyakora, iburanisha ryabereye mu muhezo, umucamanza ntiyemera ko hari undi muntu winjira mu cyumba cy’iburanisha.
Intambwe aba bombi bateye yo gutandukana ije nyuma y’iminsi mike havugwa ko umubano wabo utifashe neza, ndetse hakaba hari n’amakuru yari amaze iminsi acicikana avuga ko bashobora kuba baratandukanye.
Muyango Claudine na Kimenyi Yves bakoze ubukwe mu 2024, nyuma y’imyaka itanu bari bamaze mu rukundo. Batangiye gukundana mu 2019, maze mu 2021 bibaruka imfura yabo.
Muyango Claudine yamenyekanye cyane ubwo yitabiraga Miss Rwanda 2019, aho yabaye Nyampinga uberwa n’Amafoto.
INDI NKURU WASOMA : Gukumira inzoga zitemewe byagabanyije ibyaha byo gukubita no gukomeretsa
Kimenyi Yves ni umunyezamu w’Ikipe y’Igihugu Amavubi, akaba yarakiniye amakipe akomeye mu Rwanda arimo APR FC, Rayon Sports, Kiyovu Sports na AS Kigali.
Kugeza ubu, ibijyanye n’impamvu yatumye aba bombi bafata icyemezo cyo gutandukana ntibiratangazwa ku mugaragaro.

Ibitekerezo