Amamaza hano
Platini P agereranya ibyishimo bya Usher na Chris Brown n’ibya King James i Kigali
Imyidagaduro

Platini P agereranya ibyishimo bya Usher na Chris Brown n’ibya King James i Kigali

Umuhanzi Platini P uri muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yitabiriye igitaramo cy’abahanzi bakomeye muri R&B, Usher na Chris Brown, ariko yatashye asanga hari ikintu kimwe Amerika itarashobora gutandukana na Kigali: uburyo abakunzi b’umuziki bishimira abahanzi babo.

Gatete Jimmy

Gatete Jimmy

Gusoma: 1 min2860
Dukurikire

Platini yabwiye abamubajije uko yabonye igitaramo cya Usher na Chris Brown, avuga ko Amerika irusha u Rwanda ubuhanga mu bikoresho bikoreshwa mu bitaramo, ariko ko ibyishimo by’abafana bidatandukanye cyane n’ibyo yabonye mu bitaramo bya King James i Kigali.

Ati: “Ni byo, hano bateye imbere, urubyiniro uko ruba rwubatse, amatara ndetse n’imizindaro uba ubona ari sawa. Ariko ibyishimo byo ni nk’ibya King James wacu.”

Amamaza hano

Platini yavuze ko itandukaniro rikomeye rishingiye ku rwego rw’ibikoresho n’imitegurire y’ibitaramo, ariko ko iyo umuhanzi ageze imbere y’abafana, ibyishimo n’urukundo bamugaragariza bisa n’ibyo mu Rwanda.

Uyu muhanzi, usanzwe avuga ko akunda Usher na Chris Brown, yishimiye kuba yarabonye aba bahanzi imbonankubone mu gitaramo cyabereye muri Gillette Stadium ku wa 17 Kanama 2026.

INDI NKURU WASOMA : Safi Madiba yahumurije abakunzi ba Urban Boyz

Usher na Chris Brown bakomeje ibitaramo bya ‘The R&B Tour’, byatangiye ku wa 26 Kamena 2026, bigamije guha abakunzi ba R&B umwanya wo kongera kwishimira injyana yamamaye ku Isi.

Aba bahanzi bombi bafite amateka akomeye muri R&B, aho indirimbo zabo nka Run It!, Forever, Yeah! na U Got It Bad zakunzwe mu bihe bitandukanye.

King JamesPlatini PUsherChris Brown

Ibitekerezo

Advertise here

Dukoresha cookies

Dukoresha cookies kugira ngo dusesengure abashyitsi ku rubuga rwacu kandi twongere uburambe bwawe. Ushobora kwemera cyangwa kwanga cookies zitari iz'ibanze.

Platini P agereranya ibyishimo bya Usher na Chris Brown n’ibya King James i Kigali - Tugezo