
Priscilla Ojo yifatanyije n’abavuga ko Juma Jux yananuwe n’urushako
Umukinnyi wa filime wo muri Nigeria, Priscilla Ojo, yifatanije n’abafana mu rwenya rumaze iminsi ruvugwa ku mugabo we, umuhanzi w’Umunyatanzania Juma Jux, bavuga ko yananutse kuva bashakana.
Abafana ba Juma Jux batangiye gukoresha ubukangurambaga bw’urwenya bwa #FreeJumaJux, bavuga ko uyu muhanzi akeneye “kurekurwa” nyuma yo kubona impinduka ku mubiri we.
Bamwe mu bafana bo muri Tanzania bahise batangira guhuza izi mpinduka zo gutakaza ibiro by’umubiri no kuba yarashakanye na Priscilla.
Aho kubifata nk’ibimubangamiye, Priscilla yahisemo kwinjira muri urwo rwenya. Yahinduye amagambo ari ku mwirondoro we wa Instagram, yandikaho “Mrs Free Jux”, ibintu byatumye abafana barushaho guseka no gukomeza gukwirakwiza iyo mvugo.
Mbere yaho, ubwo abafana bamwandikiraga kuri TikTok bamusaba “kurekura” Jux, Priscilla yabasubije mu buryo bw’urwenya, umwe akamubwira ngo “Free Jux” undi ati “Free Juma Jux”. Yamusubije ko “igihe cyarenze”, agaragaza ko atari afite gahunda yo kurekura umugabo we.
INDI NKURU WASOMA : Ni ijoro ntazibagirwa mu buzima -Kelce yavuze ku bukwe bwe na Taylor Swift
Urwenya rwakomeje gukura ku mbuga nkoranyambaga, aho abafana bagiye bavuga ku mpinduka zigaragara ku mubiri wa Juma Jux. Icyakora, nta gihamya ihari yemeza ko kuba yarashakanye na Priscilla ari byo byatumye yanuka.
Juma Jux na Priscilla Ojo bakoze ubukwe mu 2025 mu birori byahuje imico ya Tanzania na Nigeria ndetse bikitabirwa n’ibyamamare byinshi.

Ibitekerezo