
Rayon Sports yatomboye Panthère Sportive du Ndé mu ijonjora rya mbere rya CAF Confederation Cup
Rayon Sports izahagararira u Rwanda muri CAF Confederation Cup ya 2026/27, aho yatomboye guhura na Panthère Sportive du Ndé yo muri Cameroun mu ijonjora rya mbere ry’iri rushanwa.
Tombola yabereye ku cyicaro gikuru cy’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) i Cairo mu Misiri, kuri uyu wa Kane tariki ya 6 Kanama 2026.
Gikundiro izabanza gukina umukino ubanza muri Cameroun hagati ya tariki ya 4 n’iya 6 Nzeri 2026, mbere yo kwakira uwo kwishyura i Kigali hagati ya tariki ya 11 n’iya 13 Nzeri 2026.
Aya makipe si ubwa mbere agiye guhura, kuko aheruka kwisobanura mu ijonjora rya CAF Confederation Cup mu 2015. Icyo gihe Rayon Sports yitwaye neza itsinda umukino ubanza wabereye i Douala igitego 1-0 cyatsinzwe na Léo Uwambajimana, inongera gutsinda uwo kwishyura wabereye i Kigali ku gitego cya Isaac Muganza, ihita ikomeza mu cyiciro gikurikiyeho.
Panthère Sportive du Ndé ni imwe mu makipe afite amateka muri Cameroun. Yashinzwe mu 1952, ikaba ifite icyicaro mu Mujyi wa Bangangté. Yegukanye Igikombe cya Cameroun inshuro eshatu, aho icya nyuma yagitwaye mu 2025, ari na cyo cyayihesheje itike yo kongera guhagararira igihugu cyayo mu marushanwa Nyafurika.
Rayon Sports igeze kuri iyi tombola iri mu bihe byiza, nyuma yo kwitwara neza muri CECAFA Kagame Cup 2026, aho yageze ku mukino wa nyuma uzayihuza na Gor Mahia yo muri Kenya.
INDI NKURU WASOMA : Amajyepfo: Hatwitswe amakarito 1,313 n’amacupa 3,179 y’inzoga zitujuje ubuziranenge
Ikipe izasezerera indi hagati ya Rayon Sports na Panthère Sportive du Ndé izahura mu ijonjora rya kabiri n’izakomeza hagati ya Atomic Ngomé yo mu Birwa bya Comores na African Black Bulls yo muri Mozambique.
Abakunzi ba Rayon Sports bafite icyizere ko amateka yo mu 2015 ashobora kongera kwisubiramo, ikipe yabo ikongera gusezerera Panthère Sportive du Ndé ikomeza urugendo rwo gushaka kugera mu matsinda ya CAF Confederation Cup.

Ibitekerezo