
Richard Ndayishimiye yasezeye kuri Rayon Sports
Umukinnyi wo hagati ukomoka mu Burundi, Richard Ndayishimiye, yasezeye muri Rayon Sports nyuma yo kuyikinira imyaka ibiri, ashimira ubuyobozi, abatoza, bagenzi be ndetse n'abafana bamubaye hafi muri icyo gihe cyose.
Uyu mukinnyi w'imyaka 26 y'amavuko yatangaje ko atakiri umukinnyi wa Rayon Sports abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ku wa 10 Nyakanga 2026, aho yavuze ko nubwo bitamworoheye gusezera, ari kimwe mu bigize ubuzima bw'umupira w'amaguru.
Mu butumwa bwe yagize ati: "Igihe kirageze ngo nshimire ubuyobozi, abatoza, abakinnyi n'umuryango mugari wa Rayon Sports mwambaye hafi mu myaka ibiri namaze muri iyi kipe. Nishimiye cyane kuba narabaye umwe mu bayikiniye, nubwo kwandika ubu butumwa bitanyoroheye kuko ari ko umupira uteye."
Ndayishimiye yanageneye ubutumwa bwihariye abafana ba Rayon Sports, ababwira ko azahora azirikana urukundo bamugaragarije kuva yagera muri iyi kipe.
Ati: "Bakunzi ba Rayon Sports ndabakunda kandi mbashimira urukundo mwanyakiranye mu rugendo rwanjye rwose. Mbifurije ibihe byiza mu mwaka utaha w'imikino. Turi Gikundiro."
INDI NKURU WASOMA :ingabo z'u Rwanda zasoje amahugurwa y’amezi atanu
Richard Ndayishimiye yinjiye muri Rayon Sports mu 2024 avuye muri Muhazi United. Mu gihe cy'imyaka ibiri yayimazemo, yabaye umwe mu bakinnyi b'ingenzi hagati mu kibuga, agaragaza urwego rwiza rwatumye aba mu bakinnyi bahoraga babanza mu kibuga.
Amasezerano ye yarangiye nyuma y'umwaka w'imikino wa 2025/2026, ariko ubuyobozi bwa Rayon Sports bwafashe icyemezo cyo kutayongera.

Ibitekerezo