
Rwanda : Abantu babiri bagwiriwe n'ibirombe barapfa
Abantu babiri bahitanywe n’impanuka zatewe n’ibirombe byabagwiriye mu Turere twa Rwamagana na Gatsibo, mu gihe abandi babiri bakomeretse bajyanwa kwa muganga kugira ngo bitabweho.
Izi mpanuka zabaye ku mugoroba wo ku wa Mbere, tariki ya 20 Nyakanga 2026. Mu Karere ka Rwamagana, ikirombe cyagwiriye abaturage giherereye mu Murenge wa Mwulire, Akagari ka Ntunga, Umudugudu wa Karuzigura, aho gisanzwe gicukurwamo amabuye yo kubakisha.
Amakuru y’ibanze agaragaza ko iki kirombe cyaridutse ahagana saa kumi n’ebyiri z’umugoroba, kigwira umusore w’imyaka 22 wari urimo acukura, ahita ahasiga ubuzima. Umurambo we wahise ujyanwa mu Bitaro bya Rwamagana.
Mu Karere ka Gatsibo na ho, impanuka nk’iyi yabereye mu Murenge wa Remera, Akagari ka Rwarenga, Umudugudu wa Kigarama, ahacukurwa amabuye y’agaciro. Ahagana saa tatu z’ijoro, ikirombe cyagwiriye abantu batatu, umwe ahita apfa, mu gihe abandi babiri bakomerekejwe n’iyi mpanuka.
INDI NKURU WASOMA:FIFA yatangiye iperereza kuri Argentine
Abakomeretse bahise bajyanwa ku Kigo Nderabuzima cya Bugarura ndetse no ku Bitaro bya Kiziguro kugira ngo bahabwe ubuvuzi bwihuse.
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Iburasirazuba, SSP Twizeyimana Hamdun, yavuze ko izi mpanuka zatewe n’uko ibirombe bitari byatewe inkunga neza, bituma ubutaka buriduka bukagwira ababicukuragamo.

Ibitekerezo