Amamaza hano
Tanzania :Umwana w’imyaka 10 yashyingiwe ku gahato, abayobozi baratabara
AmakuruAfurika

Tanzania :Umwana w’imyaka 10 yashyingiwe ku gahato, abayobozi baratabara

Abayobozi muri Tanzania batabaye umwana w’umukobwa w’imyaka 10 wari warashyingiwe ku gahato n’umuryango we ku musore w’imyaka 20, mu Mudugudu wa Ruvu Jiungeni, mu Karere ka Same.

Gatete Jimmy

Gatete Jimmy

Gusoma: 2 min1660
Dukurikire

Uyu mwana wigaga mu mwaka wa kabiri w’amashuri abanza ku Ishuri Ribanza rya Jiungeni, akaba ari na we mfura mu bana bo mu muryango wabo, yari yarakuwe mu ishuri kugira ngo ashyingirwe. Kugeza ubu, ingano y’inkwano yatanzwe kugira ngo uyu mwana ashyingirwe ntiramenyekana.

Komiseri w’Akarere ka Same, Kasilda Mgeni, yavuze ko inzego z’ubuyobozi zatangiye iperereza nyuma yo kumenya ko uyu mwana yari amaze igihe kinini atajya ku ishuri.

Amamaza hano

Iperereza ryatumye abayobozi bagera aho uyu mwana yari acumbikiwe, basanga abana bombi, umwana w’imyaka 10 n’umusore w’imyaka 20, babana nk’umugabo n’umugore.

Aba bombi bahise batabwa muri yombi mu gihe iperereza rikomeje, kugira ngo abakekwaho kugira uruhare muri iki gikorwa bashyikirizwe ubutabera.

Kasilda yamaganye bikomeye ibyabaye, avuga ko ari ukurenga ku burenganzira bw’ibanze bw’umwana, cyane cyane uburenganzira bwo kwiga no kuba ahantu hatekanye.

Yagize ati: “Guverinoma iramagana byimazeyo iki gikorwa kinyuranyije n’amategeko cyakozwe n’abo mu muryango, bashyingira umwana w’imyaka 10, bakamwambura uburenganzira bwe bw’ibanze, harimo uburezi no kuba ahantu hatekanye.”

INDI NKURU WASOMA : Priscilla Ojo yifatanyije n’abavuga ko Juma Jux yananuwe n’urushako

Yavuze ko abakekwaho kugira uruhare muri iki gikorwa bakiri mu maboko ya polisi, mu gihe hategerejwe ko bakurikiranwa n’amategeko.

Umujyanama w’Umurenge wa Ruvu, Yaigongo Mrutu, na we yemeje ko abakekwaho kugira uruhare muri iki kibazo batowe, ashimangira ko umwana w’imyaka 10 adakwiye kuba mu rushako.

TanzaniaUmwana

Ibitekerezo

Advertise here

Dukoresha cookies

Dukoresha cookies kugira ngo dusesengure abashyitsi ku rubuga rwacu kandi twongere uburambe bwawe. Ushobora kwemera cyangwa kwanga cookies zitari iz'ibanze.

Tanzania :Umwana w’imyaka 10 yashyingiwe ku gahato, abayobozi baratabara - Tugezo