
Tottenham yatandukanye ni uwari umutoza wayo Igor Tidor
Ikipe ya Tottenham Hotspur yo mu Bwongereza ikomeje kunyura mu bihe bitoroshye, aho kuri ubu yamaze gutandukana n’umutoza Igor Tudor nyuma y’iminsi 44 gusa ayigezemo. Ibi bibaye mu gihe iyi kipe yibasiwe n’umusaruro muke uteye inkeke, dore ko ubu ihanganye no kutamanuka mu kiciro cya kabiri.
Kwirukanwa kwa Igor Tudor
Nyuma yo gutsindwa n’ikipe ya Nottingham Forest ibitego 3-0 mu rugo, ubuyobozi bwa Spurs bwahisemo gutandukana n’umutoza Igor Tudor ku bwumvikane bw’impande zombi. Tudor ayisize ku mwanya wa 17 ku rutonde rwa shampiyona, arusha ikipe iri mu murongo utukura inota rimwe gusa. Mu mikino 7 yatoje, nta mukino n’umwe wa Premier League yigeze atsinda.

Ikipe iri mu kaga ko kumanuka
Tottenham ntabwo iratsinda umukino n’umwe mu mikino 13 iheruka ya shampiyona. Kuri ubu ifite amanota 30 mu mikino 31, akaba ari wo musaruro muke cyane iyi kipe igize kuva mu mwaka wa 1915. Usibye ibyo muri shampiyona, iyi kipe yasezerewe no muri Champions League n’ikipe ya Atletico Madrid.
Ikibazo cy’imvune mu bakinnyi b’inkingi za mwamba
Ibibazo by’iyi kipe byiyongereye n’imvune z’abakinnyi bakomeye:
Guglielmo Vicario:Â Umunyezamu wa mbere azamara ukwezi hanze nyuma yo kubagwa.
Dejan Kulusevski: Na we ntabwo azagaragara mu kibuga vuba kubera ikibazo cy’ivi.
Mathys Tel: Biracyashidikanywaho niba azaba ameze neza nyuma y’ikiruhuko cy’imikino y’amakipe y’ibihugu.
Ni nde uzasimbura Tudor?
Kuri ubu amaso yose ari ku buyobozi bwa Spurs bushaka umutoza watabara ikipe itamanuka mu kiciro cya kabiri. Abatoza nka Roberto De Zerbi, Sean Dyche, ndetse n’uwahoze ayitoza Mauricio Pochettino bari mu bahabwa amahirwe yo guhabwa aka kazi mu maguru mashya.

Ibitekerezo