
Tshisekedi yongeye gutegeka abasirikare n'abapolisi kuva mu birombe by'amabuye y'agaciro
Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), Félix Tshisekedi, yongeye gusaba abasirikare n'abapolisi kuva mu birombe by'amabuye y'agaciro, avuga ko uruhare rwabo muri ibi bikorwa rutiza umurindi ubucukuzi n'ubucuruzi bukorwa mu buryo bunyuranyije n'amategeko.
Mu nama y'Abaminisitiri yabaye ku wa 10 Nyakanga 2026, Tshisekedi yasobanuye ko kuba inzego z'umutekano zigenzura ibirombe bidaca intege gusa abashoramari bemewe, ahubwo binangiza imiyoborere y'urwego rw'ubucukuzi bw'amabuye y'agaciro.
INDI NKURU WASOMA :U Rwanda rutejwe impungenge n'ibura ry'amazi
Yahise ategeka Minisitiri w'Ingabo, Guy Kabombo Muadiamvita, na Minisitiri w'Umutekano w'Imbere mu Gihugu, Jacquemain Shabani, gukura abasirikare n'abapolisi muri ibi birombe no gukurikirana ababoherejeyo.
Icyakora, umunyamategeko Timothée Mbuya ukorera umuryango Justicia ASBL yavuze ko adafite icyizere ko iri tegeko rizubahirizwa, kuko Tshisekedi yigeze gutanga amabwiriza nk'aya mu 2019 no mu 2022 ariko ntihagire impinduka zigaragara.

Ibitekerezo