
UEFA iteganya inama yihutirwa yo kwiga ku mugambi wa FIFA wo guhindura Igikombe cy'Isi
Impaka zikomeje gukara hagati ya UEFA na FIFA nyuma y'uko urwego ruhagarariye umupira w'amaguru ku mugabane w'u Burayi rutangaje ko rugiye gukora inama yihutirwa yo kurebera hamwe igisubizo ku mugambi wa FIFA wo gushaka abashoramari bigenga mu marushanwa yarwo.
Iyi nama izaba kuri uyu wa Kane, ikazahuza Perezida wa UEFA, Aleksander ÄŚeferin, n'amashyirahamwe y'umupira w'amaguru 55 agize uyu muryango.
Impamvu nyamukuru y'iyi nama ni igitekerezo cya FIFA cyo kugurisha imigabane ya 20% mu marushanwa yayo, harimo n'Igikombe cy'Isi, ku bashoramari bigenga. Uyu mugambi ukomeje guteza impaka, aho bamwe mu bayobozi b'umupira w'amaguru bavuga ko ushobora guhindura isura y'aya marushanwa.
UEFA yavuze ko itishimiye uburyo FIFA yagejeje ku mashyirahamwe yayo 211 ibaruwa ibaha igihe ntarengwa cyo kwemera uyu mugambi, aho buri gihugu cyemeye cyahabwa miliyoni 20 z'amadolari mu ntangiriro z'amafaranga miliyoni 40 z'amadolari ateganyijwe.
Mu itangazo ryayo, UEFA yagize iti: "Twamenye ko FIFA yahaye amashirahamwe igihe ntarengwa cyo gushyigikira ibyifuzo byayo cyangwa akabura ayo mafaranga. Ibi biravuga byinshi ku buryo uyu mugambi uteguye."
FIFA yo ivuga ko uyu mugambi ugamije kugeza ku bihugu byinshi inyungu zituruka ku iterambere ry'umupira w'amaguru. Perezida wayo, Gianni Infantino, yavuze ko atari itegeko ahubwo ari amahirwe yo kongera ubushobozi bw'amashyirahamwe y'ibihugu.
Ati: "Ni igikorwa cyo kugisha inama, ni amahirwe ariko si itegeko. Ni amahirwe akomeye yo kwihutisha iterambere ry'umupira w'amaguru ku isi."
Nubwo FIFA ivuga ko abashoramari batazagira uruhare mu gufata ibyemezo ku mikino, benshi baracyafite impungenge ku bijyanye no gucuruza amarushanwa akomeye nka World Cup.
INDI NKURU WASOMA : Rayon Sports yatsinze Tusker FC 1-0 ikomeza kuyobora urugamba rwo gushaka itike muri CECAFA Kagame Cup
Amashyirahamwe atandukanye arimo ay'umupira w'amaguru mu Burayi (European Leagues) ndetse n'ihuriro ry'abakinnyi FIFPRO yamaganye uyu mugambi, avuga ko Igikombe cy'Isi kidakwiye gufatwa nk'umutungo wo kugurisha.
Hari n'abayobozi nka Perezida wa La Liga, Javier Tebas, wavuze ko uyu mugambi ushobora kuba uburyo bwo gushaka inkunga ya politiki mbere y'amatora ya FIFA ateganyijwe mu 2027.

Ibitekerezo