Amamaza hano
Umunyamakuru Hitimana wa Radio/TV10 agiye kurushinga na Ida
AmakuruRwanda

Umunyamakuru Hitimana wa Radio/TV10 agiye kurushinga na Ida

Umunyamakuru w'imikino akaba n'Umuyobozi wa Radio kuri Radio/TV10, Hitimana Claude wamamaye nka Hit, n'uwahoze ari umunyamakuru kuri iki kigo, Ishimwe Adelaide uzwi nka Ida, bashyize iherezo ku byari bimaze igihe bivugwa ku mubano wabo, batangaza ko bagiye kurushinga.

Gatete Jimmy

Gatete Jimmy

Gusoma: 1 min360
Dukurikire

Aya makuru yamenyekanye kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 3 Nyakanga 2026, nyuma y'uko Adelaide ashyize ku mbuga nkoranyambaga ubutumwa buherekejwe n'itariki y'ubukwe bwabo.

Yanditse ati: "Intangiriro y'ubuziraherezo kuri twembi." Ubu butumwa bwahise bwakirwa neza n'inshuti, abo bakorana ndetse n'abakunzi babo, babifuriza kuzagira urugo ruhire.

Amamaza hano

Amakuru y'ubukwe bw'aba bombi aje nyuma y'iminsi mike Adelaide asezeye kuri Radio/TV10, aho yari amaze imyaka ine akorera.

Muri icyo gihe yakoranaga bya hafi na Hitimana mu kiganiro cy'imikino Urukiko rw'Imikino, kimwe mu biganiro byakunzwe n'abakurikira siporo mu Rwanda.

INDI NKURU WASOMA : U Rwanda rwanenze raporo yakozwe na Loni

Nubwo bombi bari basanzwe bazwi nk'abo bakorana, ntibari barigeze batangaza ku mugaragaro iby'urukundo rwabo. Itangazo ryashyizwe hanze kuri uyu wa Gatanu ni ryo ryemeje ko umubano wabo ugeze ku rwego rwo kubaka urugo.

Biteganyijwe ko Hitimana na Adelaide bazasezerana ku wa 5 Nzeri 2026

IDAHit

Ibitekerezo

Advertise here

Dukoresha cookies

Dukoresha cookies kugira ngo dusesengure abashyitsi ku rubuga rwacu kandi twongere uburambe bwawe. Ushobora kwemera cyangwa kwanga cookies zitari iz'ibanze.

Umunyamakuru Hitimana wa Radio/TV10 agiye kurushinga na Ida - Tugezo