Amamaza hano
Amerika yemeye ko yashyize intwaro mu isanzure ku nshuro ya mbere
AmakuruAmerika

Amerika yemeye ko yashyize intwaro mu isanzure ku nshuro ya mbere

Leta Zunze Ubumwe za Amerika yemeye ko yashyize intwaro mu isanzure, ibintu bivugwa ko ari ubwa mbere iki gihugu cyemeje ku mugaragaro ko gifite ubushobozi bwo gukoresha intwaro zibasira abo bahanganye mu isanzure.

Gatete Jimmy

Gatete Jimmy

Gusoma: 2 min0
Dukurikire

Umunyamabanga w’Ingabo zirwanira mu Kirere muri Amerika, Troy Meink, yavuze ko iyo ntwaro yashyizwe mu isanzure mu rwego rwo kurinda ingabo z’Amerika ibikorwa by’abanzi bishobora kuzibasira.

Meink yabigarutseho ku wa Mbere mu nama yiga ku ngabo zirwanira mu kirere, isanzure n’ikoranabuhanga mu bya gisirikare. Yavuze ko Amerika yiteguye guhangana n’ibibazo bishya by’umutekano, ariko ntiyatangaza igihe iyo ntwaro yashyiriwe mu isanzure cyangwa ubushobozi bwihariye ifite.

Amamaza hano

Amerika yitwaje iterabwoba ry’u Burusiya n’u Bushinwa

Abayobozi bakuru b’ingabo za Amerika bamaze igihe bavuga ko igihugu kigomba kongera ubushobozi bwo gukorera mu isanzure, cyane cyane kubera ibikorwa by’u Burusiya n’u Bushinwa bigamije guteza imbere uburyo bwo guhungabanya cyangwa gusenya ibyogajuru by’abandi.

Amerika kandi iri guteza imbere gahunda ya Golden Dome, igamije kubaka uburyo bwo kurinda igihugu ibitero bya misile n’izindi ntwaro zishobora guturuka mu kirere.

Amategeko mpuzamahanga yo mu 1967 abuza gushyira mu isanzure intwaro zisenya abantu benshi, ariko ntabwo abuza mu buryo bwuzuye ubundi bushobozi bwo kwibasira ibyogajuru.

Kuva icyo gihe, Amerika, u Burusiya n’u Bushinwa byagiye biteza imbere ikoranabuhanga rishobora guhungabanya cyangwa gusenya ibyogajuru by’abo bahanganye, kandi ibi bikaba bishobora kugira ingaruka ku itumanaho, igenzura n’uburyo bwo kuyobora ingendo.

INDI NKURU WASOMA : Byemejwe ko VAR yakoze ikosa ku gitego cya Haaland cyatsinze Manchester United

Intambara mu isanzure ishobora kwaguka

Umuvugizi w’Ingabo z’Amerika zishinzwe isanzure yavuze ko ubu bushobozi bushobora gukoreshwa mu buryo bwo kwirwanaho cyangwa gutera, bitewe n’amabwiriza y’abayobozi b’ingabo.

Amerika yashyizeho US Space Force mu 2019 kugira ngo irinde ibikorwa byayo byo mu isanzure, birimo ibyogajuru byinshi bifasha mu itumanaho, igenzura n’ubuyobozi bw’ingendo.

USAisanzure

Ibitekerezo

Advertise here

Dukoresha cookies

Dukoresha cookies kugira ngo dusesengure abashyitsi ku rubuga rwacu kandi twongere uburambe bwawe. Ushobora kwemera cyangwa kwanga cookies zitari iz'ibanze.