
Enzo Fernández yaciye agahigo kadasanzwe!
Manchester City yarangije amasezerano yo kugura umukinnyi wo hagati wa Chelsea, Enzo Fernández, kuri miliyoni £125, amafaranga angana n’ayo Liverpool yaguze Alexander Isak mu mpeshyi ishize, bityo akaba ahwanye n’amafaranga menshi yigeze gutangwaho umukinnyi mu Bwongereza.
Kugura Fernández byatumye amafaranga Manchester City imaze gukoresha ku bakinnyi muri iyi mpeshyi agera kuri miliyoni £458, akaba ari yo menshi ikipe yo muri Premier League imaze gukoresha mu isoko rimwe. Ibi birenze miliyoni £415 Liverpool yakoresheje mu mpeshyi ishize.
Nubwo City yakoresheje amafaranga menshi, yaninjije hafi miliyoni £300 mu kugurisha bamwe mu bakinnyi bayo.
Fernández w’imyaka 25 yari yarageze muri Chelsea avuye muri Benfica mu 2023, aguzwe miliyoni £107, icyo gihe akaba yari amaze gushyiraho agahigo ko kuba umukinnyi waguzwe amafaranga menshi mu Bwongereza.
Uyu Munya-Argentina yari amaze igihe atishimiwe n’abafana ba Chelsea, ndetse bamwe bamwiyamirije mu mikino ibanziriza shampiyona no mu mukino wa mbere wa Premier League wa Chelsea.
Mu ibaruwa yashyize kuri Instagram asezera kuri Chelsea, Fernández yavuze ko iminsi yari amaze kunyuramo itari yoroshye, ariko ashimangira ko ikipe n’abafana bayo bazahora mu mutima we.
Ati: “Kuva nagera muri Chelsea, nari narabaswe no gushaka gutsinda no gufasha iyi kipe kwegukana ibikombe byose amateka yayo ayikwiriye.”
INDI NKURU WASOMA : RSSB yasobanuye impamvu yaguze Inyange, Ruliba na BK General Insurance
Nyuma yo kwerekeza muri Manchester City, Fernández yavuze ko yiteguye gutanga umusanzu mu gukomeza gutsinda ibikombe no kwigira ku bakinnyi bagenzi be.
Ni ku nshuro ya kabiri mu mezi abiri City ishyizeho agahigo kayo ko kugura umukinnyi, nyuma yo kugura Elliot Anderson muri Nottingham Forest kuri miliyoni £116 muri Nyakanga.

Ibitekerezo