Amamaza hano
Kamonyi: Babiri batawe muri yombi nyuma y’urupfu rw’umugabo
AmakuruRwanda

Kamonyi: Babiri batawe muri yombi nyuma y’urupfu rw’umugabo

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yataye muri yombi abantu babiri bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’umugabo w’imyaka 33 warohamye muri piscine ya Hotel Lemon Hills, iherereye mu Karere ka Kamonyi.

Gatete Jimmy

Gatete Jimmy

Gusoma: 1 min450
Dukurikire

Ibi byabaye ku mugoroba wo ku wa 31 Kanama 2026, ubwo uyu mugabo wari ucumbitse muri iyi hoteli yajyaga muri piscine bikekwa ko yari agiye koga, ariko akaza kurohama.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, CIP Kamanzi Hassan, yavuze ko Polisi ikimara kumenya iby’uru rupfu yatabaye, ifatanyije n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB).

Amamaza hano

Yagize ati: “Uwarohamye yakuwemo umurambo woherezwa ku Bitaro bya Kacyiru kugira ngo ukorerwe isuzuma. Mu iperereza ry’ibanze, Polisi ifatanyije na RIB, hafashwe ushinzwe ibijyanye no koga kuri piscine ndetse n’undi woganaga na nyakwigendera.”

INDI NKURU WASOMA : RSSB yasobanuye impamvu yaguze Inyange, Ruliba na BK General Insurance

Abo bantu bombi bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Runda, mu gihe iperereza rikomeje kugira ngo hamenyekane neza icyateye urupfu rw’uyu mugabo n’uko yaba yaragize uruhare cyangwa uburangare ku bashinzwe umutekano w’aboga.

Polisi yasabye abaturage kujya muri piscine bafite ubumenyi bwo koga, mu gihe abatarabumenya bagomba kubanza kwiga.

KamonyiUrupfu

Ibitekerezo

Advertise here

Dukoresha cookies

Dukoresha cookies kugira ngo dusesengure abashyitsi ku rubuga rwacu kandi twongere uburambe bwawe. Ushobora kwemera cyangwa kwanga cookies zitari iz'ibanze.