
Kirehe: Umugabo akurikiranyweho kwica uwari umugore we nyuma ya gatanya
Umugabo w’imyaka 35 wo mu Karere ka Kirehe, Umurenge wa Mushikiri, yatawe muri yombi nyuma yo gukekwaho kwica umugore bari barashakanye, nyuma y’iminsi itatu gusa batandukanye ku bwemewe n’amategeko.
Ibi byabaye mu gitondo cyo ku wa Gatandatu, tariki ya 11 Nzeri 2026, mu Mudugudu wa Rwayikona, Akagari ka Rwayikona, mu Murenge wa Mushikiri.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mushikiri, Iyamuremye Antoine, yavuze ko aba bombi bari bamaze igihe kinini bafitanye amakimbirane, ndetse bikaza kurangira bageze imbere y’urukiko rugatanga gatanya.
Yavuze ko ku wa Gatatu ari bwo urubanza rwabo rwasojwe, urukiko rugena n’uko imitungo bari bafite igabanywa. Gusa ngo umugabo ntiyishimiye umwanzuro wafashwe.
Ati: “Umugabo twamuhaye ibyo urukiko rwamwemereye n’umugore tumuha ibye. Twahavuye rero umugabo atishimiye ko imitungo ye ngo yaje ayimusangana bayihaye uwo mugore.”
Uyu muyobozi yavuze ko mu gitondo cyo ku wa Gatandatu uwo mugabo yasanze uwari umugore we mu murima, akamukomeretsa bikomeye akoresheje icyuma, nyuma agahita ahunga.
Nyuma yo guhunga, uyu mugabo yafatiwe mu Murenge wa Kabarondo mu Karere ka Kayonza, mu ijoro ry’uwo munsi. Biteganyijwe ko ajyanwa mu Karere ka Kirehe, mu gihe umurambo w’uwishwe wajyanywe ku Bitaro bya Kirehe.
INDI NKURU WASOMA : Bajyanywe kwa muganga ikubagaho nyuma yo kunywa ubushera
Uwishwe yasize abana batatu yari afitanye n’uyu mugabo.
Gitifu Iyamuremye yasabye abaturage kwirinda gukemura amakimbirane bakoresheje urugomo, abasaba kwegera ubuyobozi igihe bafite ibibazo.
Yibukije ko ubwicanyi ari icyaha gikomeye gishobora gutuma uwagikoze ahanishwa igifungo cya burundu.

Ibitekerezo