
Les Aigles du Congo yanze gukina umukino wa APR FC nta bafana
Ikipe ya Les Aigles du Congo yo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) yavuze ko itifuza gukina umukino ubanza wa CAF Champions League na APR FC mu gihe abafana baba batemerewe kwinjira kuri Stade Frédéric Kibassa Maliba i Lubumbashi.
Uyu mukino uteganyijwe ku Cyumweru tariki ya 6 Nzeri 2026, aho Les Aigles du Congo izaba yakiriye APR FC mu mukino ubanza w’ijonjora rya mbere rya CAF Champions League. CAF yemeje ko uzabera i Lubumbashi nyuma y’uko Stade des Martyrs i Kinshasa itabasha kwakira uyu mukino.
Ku wa Gatanu tariki ya 4 Nzeri, Les Aigles du Congo yandikiye ubuyobozi bw’Intara ya Haut-Katanga isaba ko hafatwa icyemezo cyo kutakinisha umukino nta bafana. Ikipe yavuze ko yari yumvise ko inama y’umutekano y’Intara yaba yarasabye ko umukino uba udafite abafana.
Les Aigles du Congo yavuze ko idashyigikiye icyo cyemezo, ishimangira ko ishaka kwakira APR FC imbere y’abafana bayo. Ikipe kandi yavuze ko iyo iba yarifuje gukina nta bafana, yari kwemera gukinira umukino i Kinshasa aho wari usanzwe uteganyijwe.
INDI NKURU WASOMA : Bwiza yatangaje ko ubukwe bwe buri hafi
Ikipe yo muri Kinshasa yavuze kandi ko icyemezo cyo gukinisha umukino nta bafana kidakwiye gufatwa ku ruhande rumwe, ahubwo ko hakwiye kubaho ibiganiro hagati y’ubuyobozi bw’Intara, Les Aigles du Congo, FECOFA na CAF.
Ku rundi ruhande, APR FC yari yarasabye CAF ko uyu mukino wakinirwa hanze ya RDC kubera impungenge z’umutekano n’icyorezo cya Ebola. CAF ariko yakomeje gushyigikira ko umukino ukinirwa ku butaka bwa RDC, ubu ukaba warashyizwe i Lubumbashi.

Ibitekerezo