
Muhanga: Abavandimwe babiri bajuriye ku ifungwa bakekwaho kuzimiza ibimenyetso bya Jenoside
Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga rwaburanishije ubujurire bw’abavandimwe babiri, Ngirayambonye Hesron na mukuru we Nsabimana Eliezer, bakurikiranyweho icyaha cyo kuzimiza cyangwa gutesha agaciro ibimenyetso bya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Mu iburanisha ryo ku wa 17 Nzeri 2026, Ngirayambonye yavuze ko mu gihe cya Jenoside yari umwana uri munsi y’imyaka 10. Yabwiye urukiko ko yabonye mukuru we avumbura umuntu wari wihishe, akamushorera, nyuma uwo muntu akaza kwicwa n’abandi.
Ibyo bakekwaho byabereye mu Mudugudu wa Biroro, Akagari ka Ngwa, Umurenge wa Mukingo mu Karere ka Nyanza.
Basabye kurekurwa by’agateganyo
Aba bavandimwe batawe muri yombi muri Kamena 2026, kuva icyo gihe bakaba bafungiye mu Igororero rya Muhanga.
Urukiko rw’Ibanze rwa Ruhango rwari rwategetse ko bakomeza gukurikiranwa bafunze by’agateganyo, ruvuga ko hari impamvu zikomeye zituma bakekwaho icyaha. Bahise bajuririra icyo cyemezo.
Ngirayambonye yavuze ko amakuru ku byabaye yayatanze mu nkiko Gacaca mu 2007, ariko ko nyuma yaho mukuru we yamugiriye inzika. Yasabye ko arekurwa agakurikiranwa ari hanze.
INDI NKURU WASOMA : Shema Fabrice yagiranye amasezerano n’Ubushinjacyaha
Nsabimana we yemeye ko yavumbuye umuntu wari wihishe, akamushorera, ariko avuga ko atari we wamwishe. Yavuze ko icyo gihe yigeze kubyemera muri Gacaca, agakatirwa imyaka itatu y’igifungo ndetse akarangiza igihano.
Ubushinjacyaha bwavuze ko iperereza rigikomeje, busaba ko bombi bakomeza gufungwa by’agateganyo.
Umucamanza yatangaje ko icyemezo ku bujurire bwabo kizatangazwa ku wa 22 Nzeri 2026.

Ibitekerezo