
Shema Fabrice yagiranye amasezerano n’Ubushinjacyaha
Umushoramari akaba na Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), Shema Fabrice, yagiranye n’Ubushinjacyaha amasezerano y’ubwumvikane, bituma urubanza rwe rusubikwa rukazasubukurwa ku wa 23 Nzeri 2026.
Shema yari ateganyijwe kuburana ku wa 17 Nzeri mu Rukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge, ubujurire ku cyemezo cyo kumufunga iminsi 30 y’agateganyo.
Umwe mu bamwunganira, Me Niyomugabo Christophe, yabwiye urukiko ko umukiliya we yamaze gusinyana amasezerano n’Ubushinjacyaha. Uruhande rw’Ubushinjacyaha rwemeje ko ayo masezerano yabayeho, hasigaye kuyageza imbere y’urukiko.
Shema akurikiranyweho gutanga sheki zitazigamiye
Shema yatawe muri yombi ku wa 11 Kanama 2026, akurikiranyweho icyaha cyo gutanga sheki zitazigamiye zifite agaciro k’ibihumbi 600 by’amadolari, angana na miliyoni 883.5 z’amafaranga y’u Rwanda, ndetse no kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya.
Ubushinjacyaha buvuga ko dosiye ishingiye ku masezerano arenga miliyoni imwe y’amayero sosiyete ye, Africa Medical Supplier Plc, yagiranye na ABZL International General Trading LLC yo muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu.
Ku wa 5 Kanama 2025, Shema yahaye iyi sosiyete sheki ebyiri z’ibihumbi 400 n’ibihumbi 200 by’amadolari. Ubushinjacyaha buvuga ko banki yagaragaje ko konti yari yanditseho izo sheki idafite amafaranga ahagije.
INDI NKURU WASOMA : Abaturage ba Nkombo bahawe ubwato bushya bufite agaciro ka hafi miliyoni 500 Frw
Shema ahakana ibyaha ashinjwa
Shema avuga ko atemera ibyaha akurikiranyweho, asobanura ko habaye ikibazo ku konti yagombaga kwakira ubwishyu ndetse no ku banyamigabane ba ABZL.
Abamwunganira na bo bagaragaje ko sheki zahinduriwe aho zagombaga kwishyurirwa, bavuga ko bishobora kuba byaragize uruhare mu kuba banki yarazitesheje agaciro.
Urukiko rwafashe icyemezo cyo gusubika iburanisha, mu gihe amasezerano y’ubwumvikane azagezwa imbere yarwo.

Ibitekerezo