Amamaza hano
Nyanza: Babiri bakekwaho kwiba inka bakazihisha mu nzu bafunzwe
AmakuruRwanda

Nyanza: Babiri bakekwaho kwiba inka bakazihisha mu nzu bafunzwe

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwataye muri yombi abagabo babiri bakekwaho kwiba inka mu bihe bitandukanye, bakazijyana mu ngo zabo bakazihagira ndetse bakazahirira ziri mu nzu.

Gatete Jimmy

Gatete Jimmy

Gusoma: 1 min340
Dukurikire

Abakekwa bafashwe ku wa 1 Nzeri 2026, mu Mudugudu wa Runyanzige, Akagari ka Gasoro, mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza.

Amakuru avuga ko aba bagabo bakekwaho kuba baribye inka ebyiri mu bihe bitandukanye. Imwe muri zo yari inyana yari imaze amezi atatu, mu gihe indi yari ikimasa cyari kimaze ukwezi.

Amamaza hano

Bikekwa ko nyuma yo kuziba, bazijyanye mu ngo zabo bakazihungiramo, bakajya banazahirira ziri mu nzu kugira ngo batazivumburwaho.

Abaturage ni bo babanje gutahura ayo makuru, bafata abo bagabo maze bahamagara ba nyir’inka, baza kuzirangamo.

INDI NKURU WASOMA : RSSB yasobanuye impamvu yaguze Inyange, Ruliba na BK General Insurance

Umukozi ushinzwe imari n’ubutegetsi mu Murenge wa Kigoma, Munyakazi Emmanuel, yemeje ko abo bakekwa bafashwe ndetse bagashyikirizwa RIB.

Ati: “Twabafashe tubashyikiriza RIB yatangiye iperereza.”

Abo bagabo bafungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Busasamana mu Karere ka Nyanza, mu gihe iperereza rikomeje.

Nyanzaubujura bw'Inka

Ibitekerezo

Advertise here

Dukoresha cookies

Dukoresha cookies kugira ngo dusesengure abashyitsi ku rubuga rwacu kandi twongere uburambe bwawe. Ushobora kwemera cyangwa kwanga cookies zitari iz'ibanze.