Amamaza hano
Rutahizamu wa Rayon Sports yisanze mu mayira abiri
AmakuruRwanda

Rutahizamu wa Rayon Sports yisanze mu mayira abiri

Rutahizamu w’Umurundi, Ndikumana Asman, ashobora gutandukana na Rayon Sports nyuma y’umwaka umwe ayikinira, mu gihe iyi kipe ikomeje kumwereka ko itakimukeneye.

Gatete Jimmy

Gatete Jimmy

Gusoma: 2 min20
Dukurikire

Ndikumana usigaje umwaka umwe ku masezerano ye na Rayon Sports, ntiyari mu bakinnyi iyi kipe yakoresheje mu mukino wa ½ cya FERWAFA Turbo King Super Cup 2026, aho Gikundiro yatsinzwe na Police FC kuri Kigali Pelé Stadium ku wa 27 Kanama 2026.

Uyu rutahizamu ntiyari no ku rutonde rw’abakinnyi bagombaga gukina uwo mukino, ndetse ntiyari kumwe na bagenzi be mu mwiherero wo kuwitegura. Ibi byatumye havuka ibibazo ku hazaza he muri iyi kipe.

Amamaza hano

Amakuru avuga ko Ndikumana, utari afite ikibazo cy’imvune cyangwa ikindi kibazo cyamubuza gukina, ashobora no kutajyana na Rayon Sports muri Cameroun, aho izakina na Panthère Sportive du Ndé ku wa 4 Nzeri 2026 mu ijonjora rya CAF Confederation Cup.

Muri iki gihe, uyu mukinnyi yatangiye gushaka indi kipe yakomerezamo umwuga, aho amakipe arimo Police FC yo mu Rwanda na Gor Mahia yo muri Kenya ari mu ashobora kumwerekezamo.

Kuba Rayon Sports itakimubonamo cyane bijyanye n’impinduka zakozwe mu busatirizi, kuko iyi kipe yasinyishije abandi rutahizamu barimo Moïse Sandja Bulaya, nubwo na we atari mu bakinnyi Rayon Sports yatanze muri CAF izifashisha mu ijonjora rya mbere rya CAF Confederation Cup 2026.

INDI NKURU WASOMA : Ese koko Kate Bashabe yaba yivumbuye muri Gen-Z Comedy?

Rayon Sports kandi ifite abandi basatira izamu barimo Kameni Junior na Nizeyimana Mubaraka, uyu wa nyuma akaba yarabuze mu mukino wa Police FC kubera imvune.

Ndikumana Asman yari amaze umwaka akinira Rayon Sports, ariko kuba atakiri mu bakinnyi bahabwa umwanya bishobora gutuma ashaka ahandi yakomereza umwuga, mu gihe amasezerano ye na Gikundiro agifite undi mwaka.

Rayon sportsNdikumana Asman

Ibitekerezo

Advertise here

Dukoresha cookies

Dukoresha cookies kugira ngo dusesengure abashyitsi ku rubuga rwacu kandi twongere uburambe bwawe. Ushobora kwemera cyangwa kwanga cookies zitari iz'ibanze.