Amamaza hano
Rwanda : urubyiruko rwateye umugongo ubukwe rwimika ubusambanyi
AmakuruRwanda

Rwanda : urubyiruko rwateye umugongo ubukwe rwimika ubusambanyi

Ubukwe, bumwe mu mihango yubahwa cyane mu muco Nyarwanda, busigaye butinda mu rubyiruko, mu gihe ubushakashatsi bugaragaza ko benshi batangira imibonano mpuzabitsina mbere yo gushinga ingo.

Gatete Jimmy

Gatete Jimmy

Gusoma: 1 min10
Dukurikire

Raporo y’Ubushakashatsi ku Buzima n’Imibereho y’Abaturage (DHS) 2025, yakozwe n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR), igaragaza ko 47,1% by’abagabo bafite imyaka 15–49 batigeze bashaka, mu gihe abagore bari muri iki cyiciro bangana na 38,5%.

Ikibazo kirushaho kugaragara mu rubyiruko rufite imyaka 25–29. Muri iki cyiciro, abagabo 17,7% gusa ni bo bashatse, mu gihe abagore bashatse ari 29,1%. Abagabo 44,3% bari muri iyi myaka ntibarashaka, ugereranyije na 27,2% by’abagore.

Amamaza hano

INDI NKURU WASOMA : Abanyeshuri 7,188 bakekwaho gukopera ibizamini bya Leta

Ubushakashatsi kandi bugaragaza ko kubana mbere yo gushyingirwa bimaze kuba ibintu bikunze kugaragara. Mu bafite imyaka 25–29, abagabo 36% babana n’abo bakundana, mu gihe abashatse ari 17,7%. Ku bagore, 34,5% babana n’abo bakundana, mu gihe 29,1% bashatse.

Nubwo gushyingirwa gutinda, gutangira imibonano mpuzabitsina byo bibanziriza ubukwe. Abagore bafite imyaka 25–49 batangirira ku kigereranyo cy’imyaka 20,6, bagashyingirwa bwa mbere bafite 23,3. Ku bagabo, batangira imibonano ku myaka 22,4, mu gihe ubukwe bwa mbere buza ku myaka 26,8.

UbusambanyiUrubyiruko

Ibitekerezo

Advertise here

Dukoresha cookies

Dukoresha cookies kugira ngo dusesengure abashyitsi ku rubuga rwacu kandi twongere uburambe bwawe. Ushobora kwemera cyangwa kwanga cookies zitari iz'ibanze.